Twigire kuri 2018, Dutegure 2019 – urubyiruko

Never Again Rwanda ku bufatanye na Civil Peace Service (GIZ) yateguye inama nyunguranabitekerezo   y’urubyiruko, kugirango  baganire ku buryo bakorera hamwe  ndetse bagire n’intego yo gukora neza mu myaka iri imbere.  Muri iyi nama nyunguranabitekerezo harimo  kugaragaza imbogamizi bahuye nazo mu mwaka wa 2018, ibyo bagezeho kugira bibafashe gutegura neza  ibikorwa bya 2019 ndetse n’uburyo bazakorana  n’abagenerwabikorwa b’amatsinda y’urubyiruko (Clubs and Associations) babarizwamo  ashamikiye kuri Never Again Rwanda .

Yitabiriwe  n’urubyiruko rusaga 44 ruhagarariye  abandi  mu miryango itandukanye rubarizwamo ndetse no mu ntara  zose umuryango Never Again Rwanda ukoreramo. Uru rubyiruko rukaba rwari rwaritabiriye inama ndetse n’amahugurwa atandukanye yateguwe na NAR ku muco wo kubaka amahoro(PBI), Umunsi mpuzamahanga w’amahoro (IDP), Umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko(IYD), Inama y’igihugu y’urubyiruko ku kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi 1994 (Commemoration conference) ndetse n’amahugurwa mu gutekereza byimbitse (Critical Thinking  Trainings).

Muri iki kiganiro, abitabiriye bagiye bagaragaza  imitegurire y’umwaka utaha ndetse n’icyo bigiye muri porogaramu zitandukanye za  Never Again Rwanda  aho umwe muribo yagize ati: “Uyu ni umwanya udasanzwe  kandi w’ingenzi kuko udufasha kwisubiramo tukamenya uko  twakoze muri uyu mwaka urangiye bikaduha n’amasomo y’uko umwaka utaha tuzakora neza kurushaho. Twagize igihe cyo kugaragaza ubushake  bw’ibyo tuzakora  mu mwaka wa 2019 dufatanyije n’abanyamuryango bo mu matsinda duhagarariye.” Robert Mugabo

Never Again Rwanda   yahuje uru rubyiruko hagamijwe kubashyira  hamwe kugira ngo  baganire ku masomo bakuye mu kwitabira ibikorwa  bitandukanye byavuzwe haruguru banaganire ku mbogamizi  bahuye nazo nk’isomo  mu gushyiraho icyerecyezo bazagenderaho mu mwaka wa 2019.

Mu gihe cy’Inamanyunguranabitekerezo, bashyizwe mu matsinda ane aho baganiraga ku bibazo byugarije urubyiruko  bigaragarira aho batuye( Neighborhood)  , ku mashuri ( Schools) , mu  miryango babamo ( Families)   ndetse n’ibibazo biterwa n’urungano ( Peers). Umwitozo bari bafite wari  ukumurika uko bazakoresha ibyo bize mu mwaka wa 2019,  amahitamo yari uburyo mbarankuru  ( stories ), bw’amashusho ( pictures), bw’indirimbo ( songs) ndetse no nubw’ikinamico  ( play / sketches) .

Umwitozo bakoze mu matsinda, bagaragaje ibikorwa bitandukanye. Itsinda   rya mbere ryagaragaje  ibibazo mu buryo mbarankuru aho ubukene , ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge  ndetse n’ivangura aribyo byugarije urubyiruko  aho bagaragaje ko  uburyo bwo kubikemura neza ari mu biganiro,  buri wese akabigira ibye  haba mu rugo ndetse n’urubyiruko hagati yabo aho bigaragaye hose ntibiharirwe ababyeyi na leta gusa ahubwo nk’urubyiruko bakabigira ibyabo  mu kubikemura.

Mu muryango hagaragajwemo  ibibazo by’ubutaka , ihohoterwa mu rugo , n’ibiganiro bidahagije hagati y’ababyeyi n’abana. Ibi babigaragaje bakoresheje ikinamico ndetse basanga ikinamico ari inzira nziza yakoreshwa mu gutanga ubutumwa byihuse kandi  bukumvikana  kuko ikurikirwa cyane n’abakiri bato.

Mu mashuri harimo ibibazo byo gukoresha  amagambo akomeretsa , ishyari  hagati mu bana  ndetse  n’ibitekerano (stereotypes among  students) .  Ibi byagaragaje ko abana babikura mu rugo  bakabikongeza no mu bandi bikanaviramo bamwe kureka ishuri  kuko kuba mw’ishuri udafite ubwisanzure  bigoye ko wanarikunda.

Ibibazo biterwa n’urungano  harimo  guterwa inda z’imburagihe ku bakobwa ndetse  n’ingengabitekerezo ya  jenoside. Iirindi tsinda  ryakoze indirimbo nk’uburyo bwiza bwo  kumvikanisha ubutumwa bwabo.

“Ibi rero  byatumye  numva ko nkwiye kubaha ibitekerezo by’abantu b’ingeri zose, numva ko kugira ngo  tugire amahoro arambye bidusaba gushyira hamwe  no kwigira kuri bagenzi bacu.”  Aslam Rurangwa .

“Urubyiruko ruharanire kuba ababibyi b’amahoro, rugire gutekereza kwimbitse  rurwanya ihohohoterwa  ndetse rwirinda inda z’imburagihe. Nibwo tuzubaka u Rwanda mu iterambere  rirambye.” Dr. Joseph Nkurunziza Ryarasa, Umuyobozi mukuru wa Never Again Rwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *